Documente Academic
Documente Profesional
Documente Cultură
Email:nayisengadrianos@gmail.com,nayisengadrianos@yahoo.com.
Tel:+250784296338,+250722172832
Nta gahunda mbonezamikurire yabana bato nta terambere rirambye kandi rigera kuri
bose ndetse byinshi mubihugu biri kuri uyu mubumbe byakomeza kwibasirwa
nubukene bukabije no kurera abantu badafite ubushobozi bwo kugira icyo bazamarira
uyu mubumbe ejo hazaza. Imibare yashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi mu Kwakira
2017, yagaragaje ko mu bihugu bikennye n’ibifite ubukungu buciriritse (low and
middle-income countries), abana bari munsi y’imyaka itanu bangana na miliyoni 250
badafite amahirwe ahagije yo gukura neza kubera ibibazo by’ubukene n’imirire mibi
benshi muri aba bana ntibabona n’amahirwe yo kwiga.
Ku rwego rw’Isi, kimwe cyakabiri cy’abana bafite imyaka iri hagati y’itatu n’itandatu
nibo bonyine bajya mu mashuri y’incuke. Mu bihugu bikennye, umwana umwe kuri
batanu niwe ufite amahirwe yo kwiga muri aya mashuri, nkuko tubikesha raporo
yashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi muri 2017.
Iyo abana bakuze bafite ikibazo cy’imirire mibi, bigira ingaruka ku buzima bwabo kandi
bikaba ari n’igihombo ku Gihugu. Hano iwacu mu Rwanda, ubushakashatsi bwakozwe na
Minisiteri y’Ubuzima mu 2012, bwagaragaje ko buri mwaka dutakaza miliyari magana
atanu n’eshatu na miliyoni magana atandatu (503,600,000,000 FRW). Aya mafaranga
angana na 11.5% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu (GDP). Iki gihombo giterwa n’ikiguzi
cy’ibigenda mu guhangana n’ingaruka z’ibitarakozwe ku bana bakiri bato. Kubera
uburemere bw’iki kibazo, Gahunda Mbonezamikurire y’Abana bato ni imwe mu
bikorwa by’ingenzi byashyizwe muri Gahunda y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere
(NST1 2017-2024).
Iyi Gahunda ifasha mu guteza imbere no kurengera uburenganzira bw’umwana. Ifasha
kandi no mu gukemura ibibazo by’ihohoterwa bigenda bigaragara ku bana bato ndetse
n’ibijyanye n’imibereho n’imikurire yabo. Imibare ku bushakashatsi ku mibereho
y’ingo (2014-2015) igaragaza ko 56% by’abana aribo banditse mu bitabo
by’irangamimerere. Igaragaza kandi ko 35% by’abana bari munsi y’imyaka itanu
basigara mu rugo bonyine igihe ababyeyi bagiye gushaka imibereho cyangwa
bagasigirwa abandi bana aho bashobora guhohoterwa cyangwa guhura n’impanuka
zinyuranye. Inzobere mu bumenyi bw’imikurire y’abana bato, zemeza ko ubwonko
bw’umwana bukura ku kigereranyo cya 80% mbere y’imyaka 3. Ibi bigerwaho ari uko
umwana yarezwe uko bikwiye. Umwana witaweho neza, iyo atangiye ishuri yiga neza.
Iyi gahunda kandi izafasha kongerera ababyeyi bombi ubumenyi kugira ngo barusheho
kugira uruhare mu burere buboneye bw’abana babo aribo Rwanda rw’ejo.
2. Kugaragaza imbogamizi ziboneka mw’ishyirwa mu bikorwa rya gahunda
Mbonezamikurire y’Abana
U Rwanda kimwe mubihugu bikataje munzira y’amajyambere ndetse muri ibi bihe
abaharanira ukwishyira ukizana kw’ Afurika badasiba gufatiraho urugero rw’uko
ibihugu byo kuri uyu mugabane wirabura byakabaye biyoborwa.N’ubwo u Rwanda ari
cyimwe mu bihugu bikataje munzira y’amajyambere, cyibasiriwe nikibazo
cyubushomeri kurubyiruko rwarangije amashuri makuru ndetse naza kaminuza iki
kibazo cy’ibura ryakazi gikomoka ku burezi budafite ireme buhabwa abarangiza ayo
mashuri bituma myinshi mumiryango itihaza mu mirire bitewe nikibazo
cy’ubushobozi. Hari inzindi mbogamizi zikibangamiye ishyirwa mu bikorwa by’iyi
Cyanditswe na Nzayisenga Adrien
gahunda. Zimwe muri zo ni izi zikurikira, ikibazo cy’imyumvire y’ababyeyi ikiri hasi
ku bijyanye n’ubumenyi mu mikurire y’abana; Kutihaza mu biribwa hamwe na hamwe
mu Turere; Haracyagaragara ikibazo cy’indwara nyinshi ziterwa n’isuku nke;
Amakimbirane mu miryango akomeje kubangamira imikurire myiza y’abana; ndetse
nta gahunda yihariye yo gufasha abangavu by’umwihariko kubafite ikibazo
cy’amaraso make. Imibare igaragaza ko 19% by’abagore b’Abanyarwanda bahura ni
iki kibazo, mu gihe abakobwa bari hagati y’imyaka 15-19 bahura nacyo ari 18.8%. Ibi
bigira ingaruka zo kubyara umwana ugwingiye mu gihe ageze igihe cyo kubyara. Ubu
bushakashatsi buribanda cyane kuruhare rwa politiki Mbonezamikurire y’Abana
mw’iterambere ry’uRwanda ndetse nicyakorwa ngo ibibazo byagaragajwe muri iki gika
bibonerwe umuti burundu.
III. Kubungabunga ubuzima bw’abana bato bari munsi y’imyaka itanu no kugabanya
n’impfu z’ababyeyi bapfa babyara:
73%.
e bugera kuri
83% buvuye kuri 31%.
u
Rwanda rufite yo kugabanya impfu z’ababyeyi n’abana ndetse n’imirire mibi. Urebye
ibimaze gukorwa, dufite icyizere ko ubu bukangurambaga buzarushaho kuzamura
imyumvire n’ubumenyi ku bintu byose bigira uruhare ku mikurire myiza.
Cyanditswe na Nzayisenga Adrien
4. Ingamba
Mu rwego rwo gukemura izi mbogamizi zose maze kubagaragariza muri ubu
bushakashatsi, Guverinoma igomba gufata ingamba zikurikira:
a) Kurushaho kuzamura imyumvire y’ababyeyi ku bijyanye no kugira ubumenyi
buhagije mu mikurire y’umwana, no gushishikariza Abanyarwanda muri rusange
kurushaho guharanira kwihaza mu biribwa bikize ku ntungamibiri;
b) Kongera imbaraga mu bukangurambaga ku minsi igihumbi ya mbere shingiro
ry’ubuzima bwiza;
c) Gukomeza gushyigikira gahunda yihariye yo gufasha abangavu, by’umwihariko
abafite ikibazo cy’amaraso make, mu gihe cy’uburumbuke ndetse n’igihe bazaba
bageze igihe cyo kubyara;
d) Isuku n’isukura no kugeza amazi meza ku baturage bose bizongerwamo imbaraga
nyinshi kugira ngo hirindwe indwara ziterwa n’umwanda;
e) Kubakira ubwiherero abaturage batifashije bafite ubwiherero butujuje ibyangombwa;
f) Umugoraba w’ababyeyi ugomba kongererwa imbaraga kugira ngo urusheho kugira
uruhare mu gukemura ibibazo bikigaragara mu muryango.