Sunteți pe pagina 1din 3

AMATEGEKO SHINGIRO AGENGA FONDASIYO YITWA UMURWAZA

UMUTWE WA MBERE: IZINA, ICYICARO N’IFASI

Ingingo ya mbere: Izina

Njyewe NYANDWI MUGISHA Cassien umunyarwanda wagize igitekerezo cyo gushinga FONDASIYO yitwa
UMURWAZA cyangwa ( UMURWAZA Foundation) mu rurimi rw’icyongereza.Iyi Fondation ikaba izajya ikora
ubuvugizi ikanashakira ubufasha abarwayi batagira kirwaza.Nshyizeho amategeko azagenga iyi FONDASIYO
kandi azakurikizwa na buri muntu wese uzifuza kuba umunyamuryango wayo hashingiwe ku itegeko N° 04/2012
ryo ku wa 17/02/2012 rigenga imitunganyirize n‘imikorere y’Imiryango nyarwanda itari iya Leta. Rivuga ko
Fondasiyo ari ikigega gitangwamo amafaranga n’abantu babyiyemeje bagamije gukora igikorwa gifiteye abantu
benshi akamaro giharanira inyungu rusange z’abanyagihugu, ikaba ishobora gushingwa n’abantu benshi
cyangwa igashingwa n’umuntu umwe ku giti cye.

Ingingo ya 2: Icyicaro

Icyicaro cya Fondasiyo UMURWAZA gishyizwe mu mudugudu wa Nyanza, Akagari ka NYANZA, Umurenge wa
BUSASAMANA, Akarere ka NYANZA, Intara y‘AMAJYEPFO. Iki cyicaro gishobora kwimurirwa mu kandi karere
muri Repubulika y‘u Rwanda byemejwe n‘ abanyamuryango bayo.

Ingingo ya 3: Ifasi

UMURWAZA FOUNDATION ikorera imirimo yayo mu ntara zose z’igihugu , ariko ishobora kwagurira ibikorwa
byayo ahandi hanze y’igihugu bitewe no kwaguka kw’ibikorwa byayo.

UMUTWE WA 2: INTEGO N’IGIHE UZAMARA

Ingingo ya 4: Intego n’ibikorwa

Gukangurira abanyarwanda bose babikunze igikorwa cy’ubugiraneza cyo gufasha abarwayi batishoboye batagira
kirwaza baba barwariye mu bitaro hirya no hino mu Rwanda,hashyirwaho ikigega cy’amafaranga bajya batanga
ku bushake bwabo hakurikijwe uko umuntu abishoboye, ayo mafaranga agakoreshwa mu bikorwa byo kugoboka
abarwayi batishoboye basanzwe bafite ubwisungane mu kwivuza cyangwa abatabufite habanje gusuzumwa
ibibazo byabo bikemezwa n’urwego rushinzwe abarwayi batishoboye rukorera muri buri bitaro rwitwa (Service
Social). Abo barwayi hari ubwo baba badafite umuntu wo kubarwaza,ntawe bafite ubitaho ngo abagemurire
ibyo kurya n’ibikoresho by’isuku, ndetse ugasanga hari n’ubwo babura n’ubwishyu bw’10% buba bwasigaye
butishyuwe n’ubwisungane mu kwivuza, cyangwa bakabura amafaranga ya Tike ibasubiza iwabo mu gihe
bamaze kuvurwa. Kugira ngo FONDASIYO igere ku ntego nyamukuru, twiyemeje gukora ibikorwa bikurikira:

1. Gukorera ubuvugizi abarwayi batishoboye mu nzego z’ubuyobozi n’ahandi hose hashobora kuboneka
ubufasha bwo kubakemurira ibibazo baba bafite,dusobanurira abantu bose babishaka akamaro ko
kwishyira hamwe mu gushyiraho ikigega cyajya gikusanyirizwamo amafaranga yo kugoboka abarwayi
batagira kirwaza mu Rwanda;
2. Gukusanya imisanzu y’abanyamuryango babyiyemeje buri kwezi,no kuyikoresha mu bikorwa byo
kugoboka abarwayi batagira kirwaza bo mu cyiciro cya 1 cyangwa icya 2 cy’ubudehe,baba bafite
ubwisungane mu kwivuza ariko bakabura ubarwaza cyangwa ubagemurira, bakabura mbega
n’ubushobozi bwo kwiyishyurira 10% riba ryasigaye ritishyuwe n’ubwisungane mu kwivuza, Turateganya
no kujya tugurira abatishoboye ubwisungane bwo kwivuza hamaze gusuzumwa niba barashyizwe mu
byiciro by’ubudehe bidakwiriye, bakaba barabuze ubushobozi bwo kubwiyishyurira.
3. Gukorera ubuvugizi abarwayi batagira kirwaza mu yindi miryango nterankunga itari iya Leta,
tubashakira abaterankunga n’ubufasha bushoboka bwose no kububagezaho aho baba bari hose mu
Rwanda.
4. Kurwaza abarwayi bafite ubushobozi bwo kwiyishyurira umurwaza igihe badafite abo kubarwaza maze
amafaranga batwishyuye Agashyirwa mu kigega cyo kurwaza abarwayi badafite kirwaza.
5. 5. Kuzuza ibisabwa n’inzego z’ubuyobozi byose, gukorera mu mucyo, ku gihe no gutanga Service nziza.

Ingingo ya 5: Igihe FONDASIYO izamara: Igihe FONDASIYO izamara ntikigenwe.

UMUTWE WA GATATU: ABANYAMURYANGO BA FONDASIYO

Ingingo 6: Abagize FONDASIYO

FONDASIYO igizwe n‘ abanyamuryango biyemeje kuyinjiramo babisabwe n’uwayishinze cyangwa babimusabye


bitewe n’uko baba bamaze kumenya agaciro kayo kandi bakaba bemera gukurikiza aya mategeko yayo.

Ingingo ya 7: Gusaba kuba Umunyamuryango wa FONDASIYO

Umuntu wese ukunze kandi akemera intego z’ UMURWAZA FOUNDATION ashobora gusaba kuba
umunyamuryango w’iyi FONDASIYO.

Inyandiko zisaba kwinjira muri FONDASIYO zandikirwa Umuyobozi mukuru ari nawe wayishinze, nawe akandika
ibaruwa isubiza uwasabye hamaze gusuzumwa niba yujuje ibisabwa,

Ingingo 11: Kwemerwa kuba umunyamuryango wa FONDASIYO

nibura urengeje imyaka 18 y‘amavuko;

aragaza ko ushyigikiye gahunda zose z’ UMURWAZA FOUNDATION;

gukurikiza amategeko n‘amahame y’UMURWAZA FOUNDATION;

umusanzu wa buri kwezi akurikije ubushobozi bwe ariko byaba byiza uwo musanzu ubaye
utari munsi y’amafaranga igihumbi 1000 Frw wagizwe umusanzu fatizo kugirango UMURWAZA FOUNDATION
ubone uko uzajya iteganya gahunda y’ibikorwa ishingiye ku misanzu y’abanyamuryango bayo ; Nkuko
mbisobanuye umunyamuryango ashobora no gutanga Umusanzu urenze amafaranga 1000 Frw ku kwezi bitewe
n’ubushobozi bwe.

yose.

Ingingo ya 12: Ikarita iranga umunyamuryango no kureka kuba umunyamuryango.

Buri Munyamuryango wese umaze kwishyura amafaranga y’umusanzu w’ukwezi azajya Ahabwa inyemeza
bwishyu atange n’Amafoto abiri magufi y’ibara kugirango akorerwe ikarita iranga umunyamuryango. Iyo karita
izajya iba iriho ibirango bya FONDASIYO, Ifoto y’umunyamuryango, amazina ye yombi kugirango ige imufasha
mu bikorwa byo gusura abarwayi no kubashakira imfashanyo ahantu hashoboka hose.

Umuntu areka kuba umunyamuryango wa FONDASIYO iyo apfuye, iyo asezeye kubushake, iyo yirukanywe
kubera ibyaha bikomeye aba yakoze nko gukoresha ibyangombwa bya FONDASIYO mu nyungu ze bwite no
kutubahiriza amategeko ya FONDASIYO , cyangwa iyo FONDASIYO isheshwe;

Usezeye muri FONDASIYO ku bushake yandikira umuyobozi mukuru wa FONDASIYO bigashyikirizwa Inteko
Rusange kugira ngo ibifateho icyemezo.
Icyemezo cyo kwirukana abanyamuryango banyuranije n‘aya mategeko n‘amabwiriza ngengamikorere ya
FONDASIYO gifatwa kubwiganze bwa 2/3 bw‘amajwi y‘ abanyamuryango bose. Noneho umuyobozi mukuru
akandikira ibaruwa uwirukanywe.

Ingingo ya 13 Abakozi ba FONDASIYO

A) Abakozi ba FONDASIYO bagomba kuba ari abanyamuryango , kuko buri munyamuryango afite
inshingano zo kugenzura uko FONDASIYO ikora, ndetse afite n’inshingano zo gushakisha abandi bantu
babishaka bakaza bakaba abanyamuryango ba FONDASIYO.
B) FONDASIYO ifite uburenganzira bwo gushyiraho abakozi izakoresha mu mirimo yayo igihe izaba
yatangiye gukora, abo bakozi barimo abatetsi , abarwaza ku bitaro, Abamamaza
ibikorwa,umunyamabanga n’umubitsi, Mu rwego rwo gushakira akazi abakozi, buri muntu wese
urengeje imyaka 18 ubishaka azajya aza yiyandikishe muri FONDASIYO yacu yitwaje Fotocopy
y’indangamuntu, amafoto 2 y’ibara n’ amafaranga y’u Rwanda ibihumbi . ( 2000Frw) adasubizwa
kugirango akorerwe ikarita imuranga ko ari umukozi wa FONDASIYO, ahabwe amahugurwa n’Inama
byajya bimufasha kurushaho gukora neza akazi ashinzwe. Noneho ajye ahembwa na FONDASIYO
hakurikijwe imirimo yakoze. Abakozi bacu bashobora no kurwaza abarwayi bishoboye badafite
abarwaza, hamaze gukorwa amasezerano hagati ya Fondation Umurwaza n’ukeneye umurwaza kandi
akaba afite ubushobozi bwo kwiyishyurira, noneho amafaranga akazashyirwa mu kigega, havuyemo
ahemba umukozi.

UMUTWE WA KANE: UMUTUNGO

Ingingo ya 14: Ibigize umutungo

Umutungo wa UMURWAZA FOUNDATION uva ku misanzu y‘ abanyamuryango bawo, impano,indagano cyangwa


umusaruro ukomoka ku bikorwa bibyara inyungu bya FONDASIYO.

Ingingo ya 15. Umusanzu wa buri Kwezi: umusanzu wa buri kwezi uzajya utangwa n’umunyamuryango
w’UMURWAZA FOUNDATION nk’uko nabivuze haruguru ntugomba kujya munsi y’amafaranga igihumbi y’u
Rwanda (1.000 Frw). Agahabwa umuyobozi wa FONDASIYO cyangwa se undi muntu waba wabiherewe
ububasha. Cyangwa ukayatanga ukoresheje Mobile Money kuri nimero 0787847788 cyangwa kuri Tigocash
0728872362 za Bwana NYANDWI MUGISHA Cassien ari nawe muyobozi mukuru wa FONDASIYO.

Ingingo ya 16: Ikoreshwa ry’umutungo

FONDASIYO igenera umutungo ibikorwa byose byatuma ugera ku ntego zawo ku buryo buziguye cyangwa
butaziguye.

30% by’amafaranga yose biguma muri FONDASIYO kugirango bifashe muri Administaration ya FONDASIYO nko
gukodesha aho gukorera, itumanaho, no kugura ibikoresho bimwe na bimwe harimo no guhemba umukozi wo
mu biro.

70% by’amafaranga yose bigakoreshwa mu bikorwa byo kugoboka abarwayi batagira kirwaza. Igihe iyi
Foundation byaba bigaragaye ko itagishoboye gukora imirimo yiyemeje umutungo wayo uhabwa undi muryango
bihuje intego.

Ingingo ya 18: Kwemezwa kw’aya mategeko shingiro.

Aya mategeko yemejwe kandi asinywe nanjye Bwana NYANDWI MUGISHA Cassien wagize igitekerezo cyo
gushinga UMURWAZA FOUNDATION kuri uyu wa 15/01/2018 .Azatangira gushyirwa mu bikorwa amaze
gushyirwaho umukono wa Noteri.

Bwana NYANDWI MUGISHA Cassien umuyobozi mukuru w’UMURWAZA Foundation.

S-ar putea să vă placă și